... Umugore yihina mu nzu, afata utuntu twe yazanye, abwira iwabo ati «umugabo wanjye antumyeho ko arwaye yarembye, none nta kundi nagira, ngiye kumurwaza!» Umugore na Nyarubwana bafata inzira barataha,
umugabo abwira umugore ati «ari ugusangira n'imbwa ari no kurya ibibwana byayo ikigayitse cyane ni ikihe?»
Umugore abura icyo asubiza.
Ni bwo avumye imbwa ati «kuva ubu ntihazagire imbwa yongera kuvuga ukundi!»
Kutavuga kw'imbwa ngo ni aho byaba byarakomotse.
Byakuwe: Ikigo cy'igihugu gishinzwe integanyanyigisho, Gusoma umwaka wa 6,Icapiro ry'amashuri-Kigali 2004,PP.75-77; Igitabo wagisanga muri Librairie Caritas-Kigali n'ahandi hagurishirizwa ibitabo mu Rwanda.